Friday, June 08, 2018

Polisi Yasabwe Imbaraga zisumbuye mu Kurandura burundu Inzererezi n’abana bo mu muhanda

Abayobozi n'Inzego z'Umutekano bitabiriye Igikorwa cya Graduation ku wa 7 Kamena 2018


Ikigo cy’Igihugu Ngororamuco (NRS) cyihaye intego bitarenze mu mwaka wa 2020 nta nzererezi cyangwa Umwana wo mu muhanda uzaba akibarizwa mu Rwanda. Aba bana cg iz’Inzererezi bagiye guhagurukirwa bose bashyirwe mu bigo ngororamuco bahabwe amasomo, Ubumenyi n’Ubujyanama mu by’Imitekerereze bigomba kubafasha guhinduka bagatangira Ubuzima bukwiye Umunyarwanda muzima. 

Bosenibamwe Aime wahoze ari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru kuri Ubu akaba ari Umuyobozi mukuru wa NRS yavuze ko Ubu hari gukoreshwa ingamba twakwita ko zoroheje mu kurwanya Iki kibazo ariko nibyanga hazitabazwa imbaraga zisumbuye hanatangire kubahiriza icyo amategeko asaba.

Mu Rwanda ntiharatangira kumvikana Inkuru z’Ababyeyi bafungwa bazira ko abana babo ari Inzererezi cg babayeho mu buzima bubi ariko mu minsi mike bashobora kubizira.

Bosenibamwe Yasobanuye Uko Ikibazo cy’Inzererezi n’abana bo mu muhanda kigiye guhashywa, mu muhango wa Graduation y’abana bahoze mu muhanda 63 basoje amasomo mu Kigo ngororamuco cya Gitagata mu Karere K a Bugesera aho bashyikirijwe ababyeyi babo ndetse hasinywa n’amasezerano hagati y’Imiryango yabo na Leta ko abana babo batagomba kongera kugarara mu buzima bw’Umuhanda no kuzerera.


Uyu muhango wanahuriranye n’Igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro Iyagurwa ry’Ikigo ngoramuco Cya Gitagata kigomba kuzakira inzererezi n’abana bo mu muhanda barimo, abahungu, abakobwa n’abagore bose hamwe bagera ku 1000.
Ku ikubitiro hari kubakwa Inzu izakira abakobwa bagera kuri 200 bitarenze mu Nyakanga 2018.

Iyagurwa rya Gitagata rizatwara hafi miliyari Eshatu z’Amafaranga y’U Rwanda hatabariwemo ibikoresho n’imishahara y’Abazajya bafasha aba bafite ibi bibazo.

U Rwanda rukoresha miliyoni 70 buri kwezi mu bikorwa bikorerwa abana ba Gitagata ndetse n’Izindi 80 za buri kwezi Iwawa.

Kuva hatangira ibikorwa byo kugorora abataye Umurongo mu bigo bya Iwawa na Gitagata abasaga ibihumbi 15 bamaze gufashwa kugororoka binyuze muri iyo gahunda by’Umwihariko ku ban abo abagera ku 4000 bamaze gusubira mu miryango yabo.

Kuri Ubu Inama y’Igihugu y’Abana irabarura abagera ku 2000 bakiri mu muhanda.

Abana benshi bagaragara mu mujyi wa Kigali kandi bava mu turere 30 tw’u Rwanda.

Bosenibamwe ati “Ubu turi gukoresha Soft measures zirimo ibiganiro n’ababyeyi no kubigisha ariko nibidatanga umusaruro dushaka hazakoreshwa imbaraga zitandukanye ariko iki kibazo kirangire.”
Mu mbwirwaruhame yatangiye igitagata yagize ati “Turasaba Guverinoma Ubufasha muri Iki gikorwa…Hagashyirwaho amategeko akarishye ku babyeyi bacikwa n’abana bakajya mu mihanda ndetse..Turasaba Polisi y’Igihugu kudufasha bagakora Special Operation aba bana bagukurwa mu mihanda.”


Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr. Alvera Mukabaramba Yashimangiye ko Leta yiteguye Gufasha NRS kwesa Uwo muhigo.

Yagaragaje byinshi mu bikurura Ubuzererezi birimo kutumvikana mu miryango n’Ubukene ariko avuga koi bi byose Leta ibyitaho binyuze muri Gahunda zitandukanye zirimo na VUP.

DUKURIKIRE KURI TWITTER: Kanda hano TOPAFRICANEWS
INKURU MURI ENGLISH 

No comments:

Post a Comment