Saturday, June 23, 2018

Dore Impamvu 4 Ukwiye kumenyakanisha Ibikorwa byawe kuri Internet



Mu Rwanda Ubushakashatsi bugaragaza ko abakoresha Internet bagenda biyongera umunsi ku mu nsi bikajyana n’Umubare w’abakoresha Telefoni kuri Ubu urenga miliyoni 9,000,000. 

Uku gukoresha Telefoni binajyana n’Umuvuduko w’abakoresha Internet ya Telkefoni by’Umwihariko mu ma-Smart Phones agenda nayo arushaho koroshya Ubuhahirane hagati mu Gihugu ndetse no mu Mahanga.

Kuri Ubu umuntu abasha guhaha Ikintu yibereye mu rugo kandi kikamugeraho atavunitse netse atanahenzwe.

Gusa haracyari imbogamizi z’Uko Umubare munini w’Abanyarwanda batarasobanukirwa guhahira kuri Internet cyangwa gucuruza kuri Internet bikanajyana no kumenyekanisha Ibikorwa byawe Ubinyujije kuri Internet.

Burya abantu bajya bibeshya ko kwamamaza bireba abafite Inganda cyangwa Business nini. Aha ni Ukwibeshya kuko nta Business Iba nto mu Buzima kabone n’Ubwo yaba ari Ukudoda Inkweto.

Ushobora kuba Ubikora neza ariko ntawukuzi nyamara Umenyekanye wasarura ayarenze ayo ubona.
Dore Impamvu Enye Ukwiye kumenyekanisha Ibyo Ukora ubinyujije kuri Internet:

1.      Kongera Umubare w’Abazi ibikorwa byawe

Muri Iki gihe buri kintu gikorerwa kuri Internet. Haba ari ukugura filimi cyangwa kugura ibikoresho byo mu nzu. Internet yoroheje cyane Ubuzima bwa muntu bitandukanye na cyera wagorwaga n’amatike, igihe n’ibindi. Mu Kuri kwifashisha Internet wamamaza Ibyo ukora bigufasha kugera kuri Benshi kandi mu gihe gito

2.      Kuba hafi y’Abakiliya

By’Umwihariko imikoreshereze y’Imbuga nkoranyambaga iri kugenda ifasha benshi mubafite ibikorwa bya Business kwegera abakiriya babo. Guha abakiriya bawe amakuru mashya y’Ibikorwa bishya ufite bifasha no mukuzana abandi bakiriya bashya. Ese watangiye kubigerageza? Niba utarabikora c ubu ugiye gukora Iki?

3.      Guhangana ku Isoko

Nakubwiye ko muri Iyi minsi abantu bari kugura no kugurisha ibikorwa byabo kuri Internet batarushye batanahenzwe. Ese wari wajya kujya kugura bakakunamaho kubera nta makuru warugifiteho nyuma Ukazabona mugenzi wawe yakiguze make ugereranyije nayo watanze? Ibi birasa nkaho bigenda bicika kuko abantu batangiye kugenda bagaragaza ibiciro nyakuri bitewe n’Ipiganwa riri mu bucuruzi kuri Iki gihe, aho umuntu uhenda ari kugenda atakaza abakiriya. Nawe rero ibikorwa byawe bishobora kuba bidahenda nyamara ntawubizi. Ugiye gukora iki uhereye none?

4.      Kugirirwa Icyizere:

Buriya Uko utangaza amakuru y’Ibikorwa byawe utabeshya nta buryarya ninako ugenda ugirirwa Icyizere. Hari benshi bamara kubona Umubare w’ababagana biyongera bakarushaho kwirara nyama aba ari igihe cyo gukomeza kunoza Imikorere kugira ngo ugumane Isura nziza mu bakugana. Ariko se nano bazamenya bate imikorere yawe batazi n’ibyo Ukora? Ni Ikibazo nyamara ariko biroroshye.

Mu gihe waba wifuza gutangariza abanyarwanda Ibikorwa byawe ntakabuza hari benshi bagufasha kubigeraho. Abatangizi muri Business nibo bakitinya ngo nta bushobozi. Ibyo sibyo rwose, TINYUKA utangire none bariya bafite aho bageze nabo batangiye nkawe.



Wifuza ko Ufashwa muri Iyi nzira waduhamagara kuri Tel: 0787105131 cg 0788300629 cyangwa ukatwandikira kuri E-mail: vickange@gmail.com
 
Wadusanga kuri Twitter: @TopafricanewsC cg Ugasura Urubuga rwacu: www.topafricanews.com

No comments:

Post a Comment